Dr. Frank Habineza uturuka mu ishyaka rya Green Party yatorewe kuba senateri

Dr. Frank Habineza uturuka mu ishyaka rya Green Party yatorewe kuba senateri

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, na Nkubana Alphonse wo mu ishyaka PSP ,kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira batorewe kuba abasenateri.

Aba bombi batorewe mu Nteko Rusange y’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (NFPO).

Dr Habineza yamaze igihe kinini ari Umudepite mbere yuko yiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Mu gihe aba bombi baba bemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga, bazasimbura senateri Alexis Mugisha na Clotilde Mukakarangwa bazarangiza manda zabo ku wa 22 Ukwakira 2025.

Dr Habineza  yari umwe mu bakandida biyamamarije umwanya w’umukuru w’Igihugu, mu matora ya 2024 . Gusa ntibyamuhiriye ndetse yemera ko yatsinzwe aho yagize amajwi  0.53%.

Mbere yaho yari umudepite mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda akaba n’umuyobozi wa GreenParty .

Ufitinema Aime Gerard

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *