Abafana bari babucyereye mu gitaramo cya The Ben na Bruce Melodie –AMAFOTO

Abafana bari babucyereye mu gitaramo cya The Ben na Bruce Melodie –AMAFOTO

BK Arena yuzuye mu buryo budasanzwe, aho ibihumbi by’abafana bateraniye mu gitaramo cyahuje The Ben na Bruce Melodie, buri wese agaragaza ku mugaragaro uruhande ariho.

Hari abitwaje indabo, bashimangira urukundo n’inkunga baha Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, mu gihe abandi bitwaje ibyapa n’imipira minini yanditseho “001”, ikimenyetso kizwi cyane gishyigikirwa na Bruce Melodie wamamaye nka Munyakazi.

Ibi bifite imvano, kuko ari ubwa mbere aba bahanzi bombi bamaze igihe bavugwaho guhangana mu muziki bahuriye ku rubyiniro rumwe, mu gitaramo cyabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Mutarama 2026, kibera muri BK Arena, cyinjiza Abanyarwanda mu mwaka mushya wa 2026, kinatanga n’umusanzu ukomeye ku iterambere ry’uruganda rw’umuziki nyarwanda.

Mu myaka igera kuri 15 ishize Bruce Melodie amaze mu muziki, yigwijeho abafana benshi by’umwihariko mu rubyiruko, naho The Ben we amaze imyaka irenga 20 mu muziki, akagira abakunzi b’ingeri zose kubera ubunararibonye n’indirimbo zakunzwe kuva kera.

Imbere muri BK Arena, abafana bari bicaye mu byiciro bitandukanye, bamwe bitwaje amafirimbi n’ibyapa, bagamije kumvikanisha neza umuhanzi bashyigikiye.

Ibi si bishya mu ruhando rw’umuziki, kuko no mu bindi bihugu, ibitaramo by’abahanzi bavugwaho guhangana bikunda kuba bifite abafana bafata impande zitandukanye.

Ibi byongeye kugarukwaho cyane kubera indirimbo ‘Munyakazi’ ya Bruce Melodie, aho bamwe mu bakurikira umuziki n’abafana ba The Ben bavuga ko yaba yaribasiye The Ben, nubwo Melodie we yagiye ashimangira ko iyo ndirimbo yari yivugamo ubwe.

Ku rundi ruhande, indirimbo ya The Ben ‘Indabo zanjye’ nayo yakomeje gufatwa na bamwe mu bafana ba Bruce Melodie nk’iyibasira Melodie.

Ku bijyanye n’aya makimbirane azwi nka music diss, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, uzwi kandi nk’umukunda-muziki, yigeze kwandika ku rubuga X agira ati: “Ariko ibi bintu urubyiruko muhoramo byo guhanganisha abahanzi b’abanyarwanda muzabireke rwose!”

Iki gitaramo cyatumiwemo na Bruce Melodie cyari gitegerejwe cyane, aho bamwe baje kugirebera uwo abafana baza kugaragariza urukundo rurenze urw’abandi.

Ku bandi, cyari amahirwe yo kuza guca impaka zari zimaze igihe zivugwa, mu gihe ku bateguye igitaramo n’abandi bafatanyabikorwa, cyari n’amahirwe akomeye y’akazi n’inyungu.

The Ben aherutse kubwira RBA ko intego nyamukuru y’iki gitaramo ari ugushimisha Abanyarwanda, agira ati: “Icyo tugamije ni uguha Abanyarwanda ibyishimo.”

Yongeyeho ko Bruce Melodie yamubereye imfura mu kwakira ubutumire. The Ben, watangiye umuziki akiri umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, aherutse no kubwira BBC News Gahuza ko urugendo rwe rwa muziki rutari rworoshye, kuko izina rye ryagiye rigira ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe.

Yagize ati: “Izina rirakura rikakuruta, rimwe na rimwe rikanaruta ibyo winjiza. Ibyo bigutera umunaniro n’umuhangayiko ukomeye.”

Ku rundi ruhande, Bruce Melodie winjiye mu muziki nyuma ya The Ben, yazanye imbaraga zidasanzwe, yigarurira imitima ya benshi binyuze mu njyana n’amagambo meza mu ndirimbo ze nka ‘Ikinya’, ‘Saa Moya’, ‘Katerina’, ‘Fresh’, ‘Rosa’ n’izindi.

Iki gitaramo kigaragaza ko n’ubwo mu muziki hashobora kubaho guhangana, ubufatanye bushobora kuvamo amateka n’inyungu ku ruhande rw’abahanzi, abafana n’uruganda rw’umuziki muri rusange.

Umufana yakoze uko ashoboye kose ashaka ifoto Bruce Melodie yafotowe mu kiganiro n’itangazamakuru ayishyira ku mupira awuserukana muri iki gitaramo

Uyu mufana afite umupira wanditseho ko Bruce Melodie ariwe mwami wa muzika “001”- Bruce Melodie aherutse kuvuga ko adatewe ipfumwe no kwemeza ko ariwe nimero ya mbere mu Rwanda

Uyu mufana we yitwaje umupira ugaragaza ko ashyigikiye The Ben, ndetse n’ikirango cye cyamamaye nka “Igisamagwe”.

 

Ufitinema Aime Gerard

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *