Espagne ni yo yegukanye igikombe cy’isi cya 2026

Espagne ni yo yegukanye igikombe cy’isi cya 2026

Espagne yari ifite impamvu yo gutsinda umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi nyuma yo gutsinda ikipe ya Argentine yarangije ifite abakinnyi 10 gusa. Nyuma igitego cya Ferran Torres mu minota y’inyongera cyaje guca intege Argentina.

Iyi kipe y’i Burayi yatwaye igikombe cy’isi yakinnye neza cyane, yishingikirije cyane ku mayeri yo gutinza umukino no kubangamira imbaraga z’abo bahanganye.

Enzo Fernandez yahawe ikarita itukura mbere gato y’uko umukino winjira mu minota y’inyongera.

Torres yaje kuba intwari ya Espagne ubwo yahabwa umupira w’umutwe na Nico Williams wari winjiye nk’umusimbuye maze atsinda umunyezamu wa Argentina Emiliano Martinez ishoti rikomeye ku munota wa 106.

Umukino wahindutse intambara y’imbaraga n’ubwitonzi aho kuba umupira w’amaguru utangaje.

Perezida wa Amerika Donald Trump yageze i New Jersey akoresheje kajugujugu mbere y’umukino, mu gihe Shakira, Madonna na Justin Bieber bitabiriye igitaramo cya mbere mu mateka y’igikombe cy’isi, bituma ikiruhuko gitwara iminota 27.

Mu mukino wuzuyemo amakosa n’ibihano bya hato na hato, Espagne yakomeje kugaragaza intego yayo yo gutwara igikombe cy’isi muri uyu mwaka aho Lamine Yamal na Mikel Oyarzabal bakomeje kugaragaza gusatira izamu rya Emiliano Martinez

Abakinnyi ba Espagne bakomeje kwinubira ko umusifuzi Slavko Vincic ari umuntu utoroshye gutanga penaliti, cyane cyane nyuma y’uko Alexis Mac Allister akoreye ikosa Dani Olmo. Ikarita ya mbere y’umuhondo yabonetse ku munota wa 40 ubwo Lisandro Martinez yagushaga na Oyarzabal, nubwo uno myugariro wa Manchester United yaje kuvanwamo kubera imvune.

Umukino warushijeho gukomera mu minota y’inyongera y’igihe gisanzwe, aho Enzo Fernandez, wari umaze kwihanangirizwa n’ikarita y’umuhondo, yabonye ikarita y’umuhondo ya kabiri kubera ikosa ryakorewe myugariro wa Espagne Pau Cubarsi maze nyuma akurwa mu kibuga n’ikarite itukura.

Umunyezamu wa Argentine Emiliano Martinez yakomeje kuba umukinnyi ukomeye mu ikipe ye ubwo yaburizagamo ishoti rya Lamine Yamal mu masegonda ya nyuma y’iminota isanzwe. Yanarokoye umutwe wa Nico Williams mu minota y’inyongera.

Argentine yari yagaragaje ubushobozi bukomeye ubwo yatsindaga Misiri n’Ubwongereza mu cyiciro cya 16, ariko ntiyashoboye kongera kubikora ubwo yakinaga na Espagne.

Nyuma yo gutsinda, Espagne yegukanye igikombe cy’isi ku nshuro ya kabiri mu mateka yayo.

Byongeye kandi, iyi ntsinzi yatumye Espagne iba igihugu cya mbere mu mateka cyatwaye igikombe cy’isi cy’abagabo n’abagore icyarimwe.

impuruza

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui