Umuhoza Ingabire Victoire yongeye gutabwa muri yombi
RIB ibisabwe n’Ubushinjacyaha yafunze Ingabire Victoire Umuhoza kugira ngo akorweho iperereza ku byaha ubushinjacyaha bumukurikiranyeho.
Hari nyuma y’icyemezo cy’Urukiko Rukuru mu rubanza ruregwamo Sibomana Sylvain na bagenzi be.
Ingabire Umuhoza Victoire akurikiranyweho hamwe na bagenzi be ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.
Yahise afungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera mu gihe ategereje gushyikirizwa Ubushinjacyaha.
Abanyamategeko be baherutse kuburirwa ku byavuzwe na Perezida Kagame
Mu mpera z’umwaka ushize, abunganira mu mategeko Victoire Ingabire baba hanze y’u Rwanda bavuze ko bahangayikishijwe n’amagambo yari amaze kuvugwa na Perezida Paul Kagame, bavuga ko akurikiye ayandi yamuvuzeho mbere “ateje inkeke itaziguye ku mutekano we”.
Mu ijambo ryanyuze kuri radiyo na televiziyo by’igihugu, Kagame yagize ati: “… Hari abo bandi mureba bari aho bidegembya, n’abo twababariye twavanye aho bari bari bafunzwe …
“Murabazi…. Ndetse bakogezwa n’abantu bo hanze, bakavuga ko ari ibitangaza, ko barwanira demokarasi, barwanira ibyo ntazi barwanira.
“Buriya na bo, ariko turaza [akora ikimenyetso cy’intoki cyo gufunga], uzi ya masaha bamanika ku nkuta? Iyo yashizemo uruvire [‘levure’, umuti] bagira batya [akaraga ikiganza gifunze] bakarwongeramo kugira ngo yongere ikore. Turaza kurwongeramo.”
Nubwo muri iryo jambo nta ho Perezida Kagame yavuze mu izina Victoire Ingabire, abanyamategeko be batanu basanga ari we yakomozagaho.
Ingabire yafunzwe mu 2010 ubwo yari amaze iminsi ageze mu Rwanda aje kwiyamamaza mu matora ya perezida yari ateganyijwe, yaraburanishijwe ahamwa n’ibyaha birimo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi. Ibyaha we yahakanye avuga ko bishingiye ku mpamvu za politike.
Kuva yarekurwa mu 2018 ntabwo yemerewe gusohoka mu Rwanda ngo asange umuryango we yasize i Burayi.
