Banki y’u Bushinwa igiye gutanga miliyoni 214$ yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo II
Banki y’u Bushinwa ya China Exim igiye gutanga miliyoni 214 z’amadolari ya Amerika kugira ngo ifashe mu ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wo kubaka urugomero rwa Nyabarongo II, ruzatanga ingufu zingana na megawatt 43.5.
Uyu mushinga wubakwa ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’u Bushinwa, hashingiwe ku masezerano yasinywe muri Gashyantare 2020. Urugomero ruzubakwa mu mugezi wa Nyabarongo, ruri hagati y’uturere twa Kamonyi, Gakenke na Rulindo.
Mu kiganiro n’Abagize Komisiyo Ishinzwe Imikoreshereze y’Imari ya Leta (PAC), Umuyobozi Mukuru wa Energy Development Corporation Limited (EDCL), Felix Gakuba, yatangaje ko ibikorwa by’ibanze byo kubaka fondasiyo y’urugomero bigeze kure, ndetse ibikorwa byose hamwe bimaze kugera kuri 50%.
Ati “Dukurikirana ibikorwa buri munsi. Imirimo igeze kuri 50% kandi duteganya ko izaba igeze kure cyane mbere y’uko uyu mwaka urangira.”
Urugomero rwa Nyabarongo II, ruri hagati y’uturere twa Kamonyi, Gakenke, na Rulindo, ruzaba rufite uburebure bwa metero 363 n’uburebure buva hasi bugera kuri metero 59, rukazabika amazi angana na metero kibe milioni 803.
Uretse gutanga amashanyarazi, ruzanifashishwa mu kuvomerera hegitari zirenga 20,000 z’ubuhinzi, gutanga amazi meza, no kurwanya imyuzure mu bice biri munsi y’aho ruzubakwa.
Imashini zizakoreshwa mu gutanga izo ngufu zakozwe mu Bushinwa, kandi zimaze gutangira koherezwa mu Rwanda nyuma yo kugenzurwa n’inzobere z’Abanyarwanda, nk’uko Gakuba abisobanura.
Ati “Abakozi bacu bagiye mu Bushinwa gusuzuma izo mashini mbere y’uko zoherezwa.”
Ikigo cy’Abashinwa Sinohydro ni cyo cyahawe isoko ryo gukora igenamigambi, gukora no gutanga ibikoresho, ndetse no kubaka urugomero. Ni na cyo kizubaka umuyoboro wa kilovoltage 110 (110kV) uzohereza amashanyarazi.
Uyu mushinga uzanafasha mu kuhira ibice bikikije imigezi ya Nyabarongo, Akagera na Akanyaru, ndetse n’ibice byo hejuru y’amashyamba ya Cyohoha na Rweru mu karere ka Bugesera. Hazubakwa umuyoboro munini w’amazi uzavana amazi i Shyorongi mu Ntara y’Amajyaruguru, ajye kuvomerera ubutaka bwa Bugesera.
