“Nta Guma Mu Rugo ihari kubera amagare “ Maire w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel avuga ko ntawe utakwishimira kuba u Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rwakiriye isiganwa mpuzamahanga ry’umukino w’amagare, bityo uwavuga ko abaturage bazaba bashyizwe muri guma mu rugo ko kwaba ari ukwigiza nkana mu gihe ahubwo abantu bose bahamagariwe kuza gukurikirana ari benshi.

Agira ati “Ni igikorwa cyateguwe n’inzego zose zibishinzwe, uretse ibice bizajya biberamo isiganwa mu buryo bugaragara, nka Remera, Kicukiro Nyanza, ahandi hasigaye abantu bazaba bakora ibikorwa byabo nta nkomyi kandi n’ahazabera isiganwa ntawahagaritse ibihakorerwa cyane ko n’amasaha yo gufunga yongerewe kugeza Saa Kumi za mu gitondo.”
Kimwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, umuvugizi wa Polisi y’igihugu ACP Rutikanga Boniface avuga ko batangarije abanyarwanda n’abanyamahanga ko umutekano w’abantu uzaba ucunzwe neza haba kubazaba basiganwa, ababaherekeje n’abazakurikirana anasiganwa bose.

Agira ati “Abantu bizere ko Polisi y’igihugu ifatanyije n’izindi nzego zishinzwe umutekano ko byateguwe neza ku buryo isiganwa rizatangira rikanasozwa neza uko biteganyijwe.”
Avuga ko ntabagomba guterwa impungenge no kuba hari imwe mu mihanda izaba ifunze kuko hari ibindi bice bitazacamo isiganwa nk’igice cy’umujyi wo hejuru ya Ste Famille, igice cya Muhima, Nyamirambo, Gikondo n’ahandi henshi, bityo abantu bakaba bagomba kwirinda abakwiza ibihuha ngo abantu babujijwe kugenda kandi bahamagarirwa kuza gushyigikira ari benshi.
Ku rundi ruhande abayobozi bavuga ko nta muturage uzahutazwa nabo bakaba basabwe kurangwa n’ituze no kwirinda gushaka guca ahabujijwe hagenewe abasiganwa gusa.
Minisitiri wa Siporo Madame Nelly Mukazayire avuga ko mu muco mwiza abanyarwanda basanganwe wo kwakirana yombi ababagana kuzafata neza abashyitsi bagiye kumara iminsi irenga 10 mu Rwanda bityo akangurira abanya mahoteli, Resitora, ibigo bitwara abagenzi, n’abashinzwe ubukerarugendo kuzafata iya mbere mukubakundisha ibyiza bitatse u Rwanda.

Agira ati “Ni byiza ko tugaragaza umuco mwiza dusanganywe wo kwakira neza abatugana. Uyu munsi Isi yose ihanze amaso mu Rwanda kubera ibihangange mpuzamahanga mu mukino w’amagare bahateraniye. Dufite abazasiganwa barenga 900 n’ababaherekeje bagera mu bihumbi 10, aba bose bazarya, banywe baryame mu mahoteli yo mu Rwanda tukizera tudashidikanya bazasiga byinshi bizanira inyungu abanyarwanda.”
Isiganwa mpuzamahanga rigiye kubera mu Rwanda, ni ku nshuro ya mbere ribereye ku mugabane w’Afurika, abanyarwanda barasabwa kuzitwara neza. Ni isiganwa rizatangira kuwa 21 Nzeri, rigasozwa kuwa 28 Nzeri 2025. Abatazabasha kugera aho amarushanwa azabera ubuyobozi bukaba bubizeza ko bazabikurikiranira kuri Radiyo na Television no kuzindi mbuga nkoranyambaga zitandukanye.



