Perezida Kagame wakurikiye umukino wa nyuma wa CAN 2025
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wakurikiye umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cya 2025 kuri Stade, yashimiye ikipe y’igihugu ya Senegal yacyegukanye.
Ni umukino warangiye Senegal itsinze Morocco yakiriye irushanwa, igitego 1-0 cya Pape Gueye ku munota wa 94 ahawe umupira na Idrissa Gana Gueye. Uyu mukino wakurikiwe n’abantu batandukanye barimo na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.
Perezida Kagame yari ari kumwe n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe na Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA.
Umukuru w’Igihugu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yanashimiye ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe ndetse na Morocco uburyo yitwaye n’uburyo irushanwa riteguye.
Yanditse ati: ”Ndashimira cyane Lions de la Teranga ku ntsinzi yabo ikwiye ya AFCON, intsinzi ishimishije igaragaza kwihangana, ubumwe n’ubuhanga. Ndashimira kandi Morocco ku bw’uburyo yitwaye neza muri iri rushanwa ryateguwe neza kandi ndabashimira uburyo bakiriye neza.”
Senegal isanzwe ari inshuti y’u Rwanda, ni igikombe cya Afurika cya kabiri yegukanye nyuma y’ikindi yaherukaga muri 2021.

Perezida Kagame ari kumwe na Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino



Perezida Kagame areba umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika

Perezida Kagame ari kumwe n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo na Perezida wa FERWAFA



Perezida Kagame mu bishimiye intsinzi ya Senegal yegukanye CAN 2025


