Igitero cya drone i Goma muri iki gitondo ‘cyishe abantu batatu’ – M23
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko mu gitondo kare kuri uyu wa gatatu umujyi wa Goma muri RD Congo wagabweho igitero na ‘drone’ y’intambara ‘mu gace gatuwe n’abasivile’.
Lawrence Kanyuka uvugira uyu mutwe yavuze ko iki gitero cyishe abantu batatu “barimo umukozi w’ubutabazi w’umunyamahanga w’umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri leta”.
Nyuma, mu butumwa yashyize kuri X, Kanyuka yavuze ko umukozi wa UNICEF, umufaransakazi witwa Carine Buisset yishwe n’igitero cy’iyo. UNICEF ntiremeza aya makuru.
Uruhande rw’ingabo za Leta ntacyo ruratangaza kuri iki gitero cya mbere mu mezi menshi kuri uyu mujyi umaze umwaka ufashwe na M23.
Ibinyamakuru bimwe muri Congo byavuze ko agace katewe n’iyo drone ari ‘quartier’ Himbi mu majyaruguru ya Goma, kamwe mu duce twa mbere dukize tw’uyu mujyi bivugwa ko gatuwe n’abantu bakomeye mu gisirikare na politike.
PHOTO/LAWRENCE KANYUKA/X
Ejo ku wa kabiri, igisirikare cya leta ya DR Congo FARDC cyatangaje ko cyahanuye ‘drones ebyiri’ z’ingabo z’u Rwanda – ivuga ko zifasha M23 – i Mikenge, kivuga ko “zavogereye ikirere cya Congo mu karere ka Minembwe”.
Igisirikare cy’u Rwanda nta cyo cyavuze kuri ibi birego bya FARDC, byaje nyuma y’ibitero bya ‘drones’ za FARDC byavuzwe ku wa mbere kuri Minembwe-centre mu ntara ya Kivu y’Epfo.
Ikigo ACLED gikusanya amakuru ku makimbirane n’intambara kivuga ko mu kwezi gushize cyabaruye ibitero byinshi byo mu kirere, kurusha ikindi gihe mbere muri DR Congo.
ACLED ivuga ko mu kwezi gushize FARDC yongereye ibitero byo mu kirere muri teritwari za Mwenga na Fizi muri Kivu y’Epfo na Masisi muri Kivu ya ruguru.
ACLED ivuga ko M23 na yo mu kwezi gushize yakoze ibitero bya za ‘drones kamikaze’ ku kibuga cy’indege cya Kisangani aho uwo mutwe uvuga ko ari ho ibitero byo mu kirere bya FARDC bitegurirwa kandi bituruka.
