Perezida Umaro Sissoco Embalo wa Guinea-Bissau ‘yatawe muri yombi’

Perezida Umaro Sissoco Embalo wa Guinea-Bissau ‘yatawe muri yombi’

Perezida Umaro Sissoco Embalo wa Guinea-Bissau yatawe muri yombi n’abantu bitwaje intwaro nk’uko amasooko muri leta Itangazamakuru. Byabaye nyuma y’amasasu yumvikaniye hafi y’ingoro y’umukuru w’igihugu.

Mu murwa mukuru Bissau humvikanye amasasu kuva ku gicamunsi cya none ariko ntihahise hamenyekana abarimo kurwana. Bivugwa ko aya masasu yumvikaniye hafi cyangwa mu rugo rw’umukuru w’igihugu.

Ibi bibaye nyuma y’iminsi itatu amatora y’umukuru w’igihugu arangiye.

Abantu amagana bari mu modoka no ku maguru bahunze bashaka aho bihisha ubwo amasasu yumvikanaga, nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru AFP.

Mu matora, Perezida Sissoco yari ahanganye na Fernando Dias kandi bombi mu ntangiriro z’iki cyumweru buri umwe yatangaje ko ari we wayatsinze.

Guinea-Bissau yagize ‘coup d’état’ zigera kuri enye kuva yabona Ubwigenge mu 1994, kandi habayeho inshuro nyinshi zo kugerageza guhirika ubutegetsi.

Umuntu warimo ahunga urusaku rw’amasasu, yabwiye AFP ati: “Ibi ni ibisanzwe kuri twe i Bissau.”

Umwe mu bakozi ba Leta yabwiye BBC ko yari ari mu rugo iwe hafi y’Ingoro ya Perezida kandi yumvaga amasasu menshi uyu munsi.

Nta gihamya ntakuka kiragaragaza abari mu mirwano cyangwa aho Embaló aherereye.

Ibiro ntaramakuru AFP bivuga ko hakekwa abasirikare, barimo abo mu mutwe w’abarinda umukuru w’igihugu n’abandi bihariye bo muri jandarumori.

Abasirikare barenga 6,780 barimo abo mu Ngabo z’Umuryango w’Ubukungu w’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS) bashyizwe mu bikorwa byo kurinda amatora aheruka n’igihe cy’inyuma yayo.

Guinea-Bissau iri mu bihugu bikennye cyane ku isi, kandi ni inzira y’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge hagati ya Amerika y’Amajyepfo n’u Burayi, ubucuruzi bushyigikiwe n’amateka maremare ya politike ijegajega muri iki gihugu.

Guinea-Bissau

Ufitinema Aime Gerard

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *