Igikomangoma Harry na Meghan bagiye gusubira gutura mu Bwongereza

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye gusubira gutura mu Bwongereza

Igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle, bazwi nka Duke na Duchess ba Sussex, barateganya kwimuka bakava muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bagasubira gutura mu Bwongereza mu mpera y’uku kwezi.

Igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle, bazatura mu rugo rwabo bwite, rutari urw’umuryango w’ibwami, ruherereye hanze y’umujyi wa London.

Ibi byari byatangajwe mbere n’ibinyamakuru Daily Telegraph na The Sun byo mu Bwongereza.

Muri Nzeri (9), biteganyijwe ko abana babo babiri, Prince Archie w’imyaka irindwi na Princess Lilibet w’imyaka itanu, bazatangira amasomo mu ishuri ryo mu Bwongereza bamaze kwandikishwamo.

Umwami Charles III yamenyeshejwe aya makuru ku cyumweru. Kugeza ubu, nta gahunda ihari y’uko Harry cyangwa Meghan basubira mu mirimo bakoraga nk’abagize umuryango w’ibwami.

Harry, Meghan n’abana babo basuye Umwami Charles III mu rugo iwe i Highgrove muri Nyakanga (7) uyu mwaka.

Icyakora, amakuru BBC yamenye avuga ko icyo gihe batigeze baganira ku bijyanye no gusubira gutura mu Bwongereza.

BBC ifite amakuru ko Umwami Charles III atari azi iby’iyi gahunda mbere y’icyumweru gishize, ariko ko yakiriye neza iki cyemezo kuko kizamuha amahirwe yo kujya abona kenshi Harry, Meghan n’abana babo ku giti cye (bitari mu rwego rw’ibwami).

Photo, INSTAGRAM/MEGHAN, DUCHESS OF SUSSEX

Nta mpinduka iteganyijwe ku mwanya wabo mu muryango w’ibwami kandi bazakomeza kuba abantu babaho mu buzima bwabo bwite.

Nanone, Igikomangoma William n’umugore we Princess Catherine (Princess of Wales) bamaze kumenyeshwa iyi gahunda ya Harry na Meghan yo gusubira mu Bwongereza.

Harry na Meghan bavuye mu Bwongereza mu ntangiriro y’umwaka wa 2020 banahagarika inshingano zabo nk’abagize umuryango w’ibwami bakora akazi kaho. Muri Werurwe (3) uwo mwaka, bahise batangira ubuzima bushya muri leta ya California muri Amerika.

Kuva icyo gihe, umubano wabo n’abandi bagize umuryango w’ibwami wari warazambye. Ariko uruzinduko rwabo rwo muri Nyakanga (7) rwo gusura Umwami Charles III n’Umwamikazi Camilla rwabaye intambwe ikomeye mu kongera kubaka uwo mubano.

Igikomangoma Harry n’umugore we Meghan barateganya kwimuka bakava muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bagasubira gutura iwabo mu Bwongereza

impuruza

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui